dimanche 19 novembre 2017

Mukunzi Yannick na Rutanga batawe muri yombi?

Yannick Mukunzi

Amakuru azindutse acicikana binyuze ku rubuga rwandamagazine.com ni itabwa muri yombi mu nkuru  https://rwandamagazine.com/imikino/article/breaking-news-mukunzi-yannick-na-rutanga-batawe-muri-yombi.

Mu ijoro ryakeye ahagana ku isaha ya saa tanu n’igice nibwo Polisi yabataye muri yombi ibakuye mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro aho basanzwe babana.

Uwahaye amakuru Rwandamagazine.com yemeje ko bashobora kuba bakurikiranyweho icyaha kimwe n’umutoza wabo Karekezi Olivier. Polisi yahise ibajyana ku Kacyiru ku cyicaro gikuru.

Mu kiganiro Rwandamagazine.com yagiranye n’umukozi wabo wo mu rugo, yatangaje ko Yannick we yari yabanje gufatwa mbere ataragera mu rugo avuye gukina umukino wa Mukura VS naho Rutanga we agafatwa mu masaha ya nijoro.

Yagize ati " Yannick we yahise afatawa ejo akiva gukina, ntanubwo yigeze agera mu rugo

Mu kiganiro Rwandamgazine.com yagiranye n’umuvugizi wa Polisi, Theos Badege, yavuze ko amakuru yari atarayamenya neza ko ari buduhe amakuru arambuye mu masaha ari buze.

Mu kiganiro Rwandamagazine.com yagiranye na Romami Marcel uri gutoza Rayon Sports by’agateganyo yatwemereye aya makuru gusa nabo ngo nibwo bari bakiyamenya, ko nta byinshi bari bakamenye.

Karekezi Olivier yari yatawe muri yombi tariki 15 Ugushyingo 2017 akurikiranyweho ibyaha yakoze yifashishije itumanaho n’ikoranabuhanga nkuko biheruka gusobanurwa n’umuvugizi wa Polisi, Theos Badege. Karekezi ntiyabashije gushyingura Katauti Hamad wari umutoza umwungirije muri Rayon Sports wapfuye urupfu rutunguranye mu ijoro ryo ku wa kabiri rishyira iryo ku wa gatatu tariki 15 Ugushyingo 2017.

Yannick Mukunzi na Rutanga Eric ni bamwe mu bakinnye Rayon Sports yifashishije ikina na Mukura VS kuri iki cyumweru ku kibuga cya Kicukiro. Ni umukino amakipe yombi yanganyije 0-0.

mardi 14 novembre 2017

Bamwe mu bakiniye Amavubi na bo bakinguriwe amarembo mu buyobozi bwa FERWAFA



Kalisa Adolphe ’Camarade’, Perezida wa Komisiyo y’amatora ya FERWAFA

Asobanura ibishya bizatuma hatongera kubaho ko FIFA isesa akanama k’amatora cyangwa igasesa amatora nyirizina, Kalisa Adolphe yasobanuye ko igishya ari ibikubiye mu mategeko agenga amatora bahawe na FIFA, aho hakagaragaramo bimwe mu byo batari barashyiuzemo mbere.
Kalisa yakomeje avuga ko bitazagarukira ku bakinnyi gusa, ahubwo ngo n’abatoza batoje Amavubi na bo ngo bemerewe kwiyamamariza kuyobora Ferwafa, gusa abanyamakuru bakaba bibajije uzabasinyira ibaruwa ibatangaho umukandida, aho ngo Ubuyobozi bw’iri shyirahamwe bukaba ari bwo buzajya bubasinyira, uretse ko batanayoberana kuko ngo akenshi baba bazwi.

Imyanya izatorerwa ni Perezida wa FERWAFA, Visi Perezida ndetse n’abagize Komisiyo zitandukanye zigize Komite nyobozi z’iryo shyirahamwe.
Umunyamabanga mukuru wa FERWAFA, Uwamahoro Tharcille Latifah ahabwa uburenganzira na FIFA bwo guhita aba Umunyamabanga wa Komisiyo y’amatora

Icyakora ngo uwiyamamariza kuyobora, yaba uwahoze akinira Amavubi, uwahoze ayatoza cyangwa undi mukandida watanzwe n’umuryango runaka, agomba kuba yujuje ibikurikira:

Kuba ari Umunyarwanda,
Kuba nibura afite imyaka 28 y’amavuko, kandi atarengeje imyaka 70;
Kuba yaragize uruhare rugaragara mu myaka itanu ibanziriza itangwa rya kandidatire;
Kuba ari inyangamugayo kandi afite uburenganzira busesuye nk’umunyarwanda;
Kuba impamyabumenyi nibura y’imyaka itandatu y’amashuri yisumbuye;
Kuba azi neza indimi ebyiri mu zikoreshwa mu Rwanda;
Kuba atarigeze ahamwa n’icyaha ngo afungwe igihe kigeze ku mezi atandatu;
Kuba atarigeze ahagarikwa n’urwego rubifitiye ububasha muri FERWAFA, CAF cyangwa FIFA;
Kuba yiyemeza guharanira inyungu z’umupira w’amaguru muri rusange aho gushyira imbere inyungu ze bwite cyangwa iz’ikipe yamutanzeho umukandida;

Ingengabihe y’ibikorwa by’amatora:

- 14 Ugushyingo 2017: Ikiganiro n’abanyamakuru;
- 15 Ugushyingo – 28 Ugushyingo 2017: Kwakira amadosiye y’abiyamamaza;
- 29 Ugushyingo – 1 Ukuboza 2017: Kwiga ku madosiye;
- 8 Ukuboza 2017: Kwakira ibyemezo bivuye muri Komisiyo y’Amatora y’ubujurire;
- 11 Ukuboza 2018: Ikiganiro n’Abanyamakuru nyuma yo kwemeza urutonde rw’abakandida;
- 11 Ukuboza 2017: Gutangaza urutonde ntakuka rw’abakandida ;
- 11Ukuboza – 29 Ukuboza 2017 (Saa sita z’ijoro): Kwiyamamaza;
- 30 Ukuboza 2017: Amatora nyirizina;
- 30 Ukuboza 2017: Gutangaza ibyavuye mu matora;
- 5 Mutarama 2018: Gushyingura inyandiko z’Amatora;

Katauti na Gangi bitabye Imana mu ijoro rimwe


Mu ijoro ryakeye abakinnyi babiri bahagarariye Amavubi y’u Rwanda ku rwego mpuzamahanga Ndikumana Hamad alias Katauti na Bonaventure Hategekimana alias Gangi bitabye Imana mu buryo butandukanye.
Ndikumana yitabye Imana bitunguranye cyane kuko atari arwaye, yaguye i Kigali nyuma yo gufatwa n’uburwayi butaramenyekana.
Ndikumana Hamad Katauti ejo yakoresheje imyitozo ya Rayon Sports yabereye mu Nzove ndetse yari afite imbaraga kuko yanakinanaga n’abakinnyi.
Yafashwe saa yine z’ijoro aruka bikomeye cyane, bahamagara umuganga wa Rayon Sports ngo atabare ariko amugeraho yashizemo umwuka aho aba i Nyamirambo.

Mugenzi we Gangi we yari amaze iminsi arwariye ku bitaro bya Kabutare mu mugi wa Huye. We indwara ikaba yari imumaranye igihe kinini nyuma y’agahenge yamuhaye mu ntangiriro z’uyu mwaka.

dimanche 12 novembre 2017

GACINYA CHANCE WA RAYON NGO NTIYAHUNZE



"Oya, ntiyahunze ubutabera nkuko biri kuvugwa, ari muri gahunda ze muri KENYA" , ni muri ayo magambo umwe mu ba hafi ba Gacinya Chance Denys , umuyobozi wungirije wa Rayon sports ariko usanzwe ari rwiyemezamirimo, asubiza ku kibazo twari tumubajije niba koko ibivugwa ko Gacinya yahungiye muri Kenya akwepa imanza zazamurwa n'ibibazo bishingiye kuri sosiyete ye.

AMAVUBI MURI CHAN 2018, BWA MBERE MU MATEKA APR FC YABUZE UMUKINNYI N'UMWE MU IKIPE Y'IGIHUGU MURI 11 BABANZAMO



Amavubi y’u Rwanda asezereye Ethiopia mu gushaka itike ya CHAN2018 izabera muri Maroc muri Mutarama 2018. Amakipe yombi anganyije 0-0 mu mukino wo kwishyura ariko ubanza Amavubi yari yatsindiye i Addis ibitego 3-2

Abakinnyi bakoreshejwe ku Amavubi

Rwanda:1 Ndayishimiye Eric (C), 5 Kayumba Soter, 17 Manzi Thierry, 15 Usengimana Faustin, 20 Rutanga Eric, 14 Iradukunda Eric, 21 Niyonzima Olivier, 6 Mukunzi Yannick, 2 Manishimwe Djabel ( wasimbuwe na 10 Muhadjiri Hakizimana), 7 Biramahire Abeddy (wasimbuwe na13 Maxime Sekamana), 12 Mico Justin (wasimbuwe na8 Niyonzima Ally).
 Biramahire Abed yagerageje gushaka igitego biranga
 Umukuru wa SENA y'u Rwanda yashimiye abakinnyi ubwitange
 Fan club Gikundiro Forever nayo yari yabukereye gutera ingabo mu bitugu Amavubi
 Abakinnyi bizihiwe bagaragariza urugwiro baterura Nzamwita Degaule uyobora FERWAFA
Aha akanyamuneza kari kose dore ko iyi tike yinjirije buri umwe mu bakinnyi n'abatoza 3,000,000 nk'agahimbazamusyi.


MU RWANDA HAGIYE KUBAKWA STADE MPUZAMAHANGA YA HANDBALL ?


Amakuru atugeraho aturuka mu mujyi wa Antalya jo muri Turkiya, ahashojwe kuri iki cyumweru inteko rusange y'ishyirahamwe mpuzamahanga ry'umukino wa handball IHF, nuko uwari uhagarariye Federation y'u Rwanda yuwo mukino, yemerewe kuba ishyirahamwe ayoboye ryazabona inkunga yo kubaka stade mpuzamahanga mu gihe bashobora gukora umushinga usobanutse.

Utabarutse Theogene akaba yatwemereye ayo makuru anongeraho ko bamaze kwemererwa ikibuga cyo hasi (tapis) kijyanye n'igihe kigezweho na federation ya handball mu budage.