vendredi 8 septembre 2017

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA ryategetse ko umukino wahuje Afurika y’Epfo na Senegal mu Ugushyingo umwaka ushize mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2018, usubirwamo bundi bushya ndetse umusifuzi wawuyoboye ahagarikwa ubuzima bwe bwose muri uyu mwuga. Uyu mukino wabereye ahitwa Polokwane muri Afurika y’Epfo tariki 12 Ugushyingo 2016 warangiye igihugu cyakiriye gitsinze ibitego 2-1 harimo penaliti cyahawe ku munota wa 42 iterwa neza na Thulani Hlatshwayo ibyara igitego cya mbere mu gihe icya kabiri cyabonetse ku munota wa 45. Penaliti yatanzwe ntiyigeze ivugwaho rumwe ndetse nyuma yo kureba amashusho y’umukino, akanama nkemurampaka ka FIFA kafashe icyemezo cyo gutesha agaciro uwo mukino ukaba uzongera gusubirwamo mu Ugushyingo uyu mwaka ku itariki itaremezwa neza. Aka kanama kanemeje ko umusifuzi Joseph Lamptey w’imyaka 42 ukomoka muri Ghana wasifuye uyu mukino, yirengagije amategeko nkana ashaka kugira uruhare mu biva mu mukino, byatumye afatirwa ibihano bikomeye birimo no guhagarikwa burundu mu mwuga wo gusifura. Gusubiramo uyu mukino byongereye Senegal amahirwe yo kuba yabona itike yo kwitabira igikombe cy’Isi kuko kugeza ubu ari iya gatatu mu itsinda D n’amanota atanu inyuma ya Burkina Faso na Cape Verde zombi zifite atandatu bivuze ko niramuka itsinze Afurika y’Epfo ya nyuma n’inota rimwe izahita iyobora itsinda n’amanota umunani. Joseph Lamptey yahagaritswe burundu mu mwuga wo gusifura umupira w'amaguru




Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA ryategetse ko umukino wahuje Afurika y’Epfo na Senegal mu Ugushyingo umwaka ushize mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2018, usubirwamo bundi bushya ndetse umusifuzi wawuyoboye ahagarikwa ubuzima bwe bwose muri uyu mwuga.
Uyu mukino wabereye ahitwa Polokwane muri Afurika y’Epfo tariki 12 Ugushyingo 2016 warangiye igihugu cyakiriye gitsinze ibitego 2-1 harimo penaliti cyahawe ku munota wa 42 iterwa neza na Thulani Hlatshwayo ibyara igitego cya mbere mu gihe icya kabiri cyabonetse ku munota wa 45.
Penaliti yatanzwe ntiyigeze ivugwaho rumwe ndetse nyuma yo kureba amashusho y’umukino, akanama nkemurampaka ka FIFA kafashe icyemezo cyo gutesha agaciro uwo mukino ukaba uzongera gusubirwamo mu Ugushyingo uyu mwaka ku itariki itaremezwa neza.
Aka kanama kanemeje ko umusifuzi Joseph Lamptey w’imyaka 42 ukomoka muri Ghana wasifuye uyu mukino, yirengagije amategeko nkana ashaka kugira uruhare mu biva mu mukino, byatumye afatirwa ibihano bikomeye birimo no guhagarikwa burundu mu mwuga wo gusifura.
Gusubiramo uyu mukino byongereye Senegal amahirwe yo kuba yabona itike yo kwitabira igikombe cy’Isi kuko kugeza ubu ari iya gatatu mu itsinda D n’amanota atanu inyuma ya Burkina Faso na Cape Verde zombi zifite atandatu bivuze ko niramuka itsinze Afurika y’Epfo ya nyuma n’inota rimwe izahita iyobora itsinda n’amanota umunani.

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire