mardi 14 novembre 2017

Bamwe mu bakiniye Amavubi na bo bakinguriwe amarembo mu buyobozi bwa FERWAFA



Kalisa Adolphe ’Camarade’, Perezida wa Komisiyo y’amatora ya FERWAFA

Asobanura ibishya bizatuma hatongera kubaho ko FIFA isesa akanama k’amatora cyangwa igasesa amatora nyirizina, Kalisa Adolphe yasobanuye ko igishya ari ibikubiye mu mategeko agenga amatora bahawe na FIFA, aho hakagaragaramo bimwe mu byo batari barashyiuzemo mbere.
Kalisa yakomeje avuga ko bitazagarukira ku bakinnyi gusa, ahubwo ngo n’abatoza batoje Amavubi na bo ngo bemerewe kwiyamamariza kuyobora Ferwafa, gusa abanyamakuru bakaba bibajije uzabasinyira ibaruwa ibatangaho umukandida, aho ngo Ubuyobozi bw’iri shyirahamwe bukaba ari bwo buzajya bubasinyira, uretse ko batanayoberana kuko ngo akenshi baba bazwi.

Imyanya izatorerwa ni Perezida wa FERWAFA, Visi Perezida ndetse n’abagize Komisiyo zitandukanye zigize Komite nyobozi z’iryo shyirahamwe.
Umunyamabanga mukuru wa FERWAFA, Uwamahoro Tharcille Latifah ahabwa uburenganzira na FIFA bwo guhita aba Umunyamabanga wa Komisiyo y’amatora

Icyakora ngo uwiyamamariza kuyobora, yaba uwahoze akinira Amavubi, uwahoze ayatoza cyangwa undi mukandida watanzwe n’umuryango runaka, agomba kuba yujuje ibikurikira:

Kuba ari Umunyarwanda,
Kuba nibura afite imyaka 28 y’amavuko, kandi atarengeje imyaka 70;
Kuba yaragize uruhare rugaragara mu myaka itanu ibanziriza itangwa rya kandidatire;
Kuba ari inyangamugayo kandi afite uburenganzira busesuye nk’umunyarwanda;
Kuba impamyabumenyi nibura y’imyaka itandatu y’amashuri yisumbuye;
Kuba azi neza indimi ebyiri mu zikoreshwa mu Rwanda;
Kuba atarigeze ahamwa n’icyaha ngo afungwe igihe kigeze ku mezi atandatu;
Kuba atarigeze ahagarikwa n’urwego rubifitiye ububasha muri FERWAFA, CAF cyangwa FIFA;
Kuba yiyemeza guharanira inyungu z’umupira w’amaguru muri rusange aho gushyira imbere inyungu ze bwite cyangwa iz’ikipe yamutanzeho umukandida;

Ingengabihe y’ibikorwa by’amatora:

- 14 Ugushyingo 2017: Ikiganiro n’abanyamakuru;
- 15 Ugushyingo – 28 Ugushyingo 2017: Kwakira amadosiye y’abiyamamaza;
- 29 Ugushyingo – 1 Ukuboza 2017: Kwiga ku madosiye;
- 8 Ukuboza 2017: Kwakira ibyemezo bivuye muri Komisiyo y’Amatora y’ubujurire;
- 11 Ukuboza 2018: Ikiganiro n’Abanyamakuru nyuma yo kwemeza urutonde rw’abakandida;
- 11 Ukuboza 2017: Gutangaza urutonde ntakuka rw’abakandida ;
- 11Ukuboza – 29 Ukuboza 2017 (Saa sita z’ijoro): Kwiyamamaza;
- 30 Ukuboza 2017: Amatora nyirizina;
- 30 Ukuboza 2017: Gutangaza ibyavuye mu matora;
- 5 Mutarama 2018: Gushyingura inyandiko z’Amatora;

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire