mardi 14 novembre 2017

Katauti na Gangi bitabye Imana mu ijoro rimwe


Mu ijoro ryakeye abakinnyi babiri bahagarariye Amavubi y’u Rwanda ku rwego mpuzamahanga Ndikumana Hamad alias Katauti na Bonaventure Hategekimana alias Gangi bitabye Imana mu buryo butandukanye.
Ndikumana yitabye Imana bitunguranye cyane kuko atari arwaye, yaguye i Kigali nyuma yo gufatwa n’uburwayi butaramenyekana.
Ndikumana Hamad Katauti ejo yakoresheje imyitozo ya Rayon Sports yabereye mu Nzove ndetse yari afite imbaraga kuko yanakinanaga n’abakinnyi.
Yafashwe saa yine z’ijoro aruka bikomeye cyane, bahamagara umuganga wa Rayon Sports ngo atabare ariko amugeraho yashizemo umwuka aho aba i Nyamirambo.

Mugenzi we Gangi we yari amaze iminsi arwariye ku bitaro bya Kabutare mu mugi wa Huye. We indwara ikaba yari imumaranye igihe kinini nyuma y’agahenge yamuhaye mu ntangiriro z’uyu mwaka.

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire