lundi 25 septembre 2017

DEGAULE NICYO CYEMEZO CYA MBERE AFASHE KIGASHIMISHA ABA RAYONS BOSE





Kuva Nzamwita Degaule yagera ku buyobozi bwa FERWAFA mu 2014, hakunze kubaho kutumvikana we n'abakunzi b'ikipe ya Rayon sports bamwe bamushinja ko yanga ikipe yabo.
Mu byo bagiye bashingiraho harimo umukino wigeze kwimurwa hagati ya APR FC na Rayon sports n'ibindi nko kuba barahawe igikombe cya shampiyona adahari.

Kuri uyu wa mbere FERWAFA ikaba yafashe umwanzuro wanejeje abakunzi ba Rayon sports bose aho yanzuye ko umukino w'igikombe Super cup uzakomereza aho wari ugeze ku munota wa 63 kandi buri cyose kigakomeza aho umukino wari ugereye nkuko amategeko ya CAF na FIFA abiteganya mu bihe nk'ibi byari byabaye i Rubavu ubwo bitunguranye umuriro waburaga bigahagarika umukino.
Umwe mu bayobozi ba Rayon sports utashatse ko tuvuga izina rye, twahuriye aho bita kwa Freddy kuri uyu wa mbere ku mugoroba, yagize ati: " Nubwo hari ibyo yagiye adufashaho nko kutuguriza amafranga igihe twari mu mikino y'Afrika, ariko mbona aho yagiye atubangamira nko kuba batarateganije uburyo bwari bunogeye bwo kuduha igikombe cya shampiyona twatwaye. Ariko iki cyemezo cy'uyu munsi kiradushimishije cyane, usibye ko rwari urubanza rw'urucabana, amategeko yari ku ruhande rwacu. Ahubwo n'ibindi byemezo biri imbere azabyitwaremo gutya kuko amarangamutima ntayobora umupira".
Ikindi cyanzuwe muri iyo nama ni uko umukino wa Rayon sports-As Kigali muri shampiyona uzakinwa ku cyumweru.

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire