mardi 30 janvier 2018

FIFA yibukije ko idasimbura inzego z'ubujurire


Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi, FIFA binyuze mu munyamabanga waryo Madame Fatma Samoura, ryandikiye inteko rusange itora ya FERWAFA na  perezida wa komisiyo ya Ferwafa y’amatora Kalisa Adolphe Camarade ku kirego ryagejejweho na Madame Rwemarika Félicité wiyamamarizaga kuyobora Ferwafa mu matora y’ubuyobozi bw’iri shyirahamwe yabaye mu mpera za 2017.


Iyi baruwa igaragaza imyanzuro yafashwe n'inteko rusange itora, rikibutsa mu gaka kabanziriza aka nyuma k'iyo baruwa ko FIFA idasimbura imyanzuro y'akanama k'ubujurire ka FERWAFA. Gusa ibaruwa isoza yibutsa ko FIFA ikomeje gukurikiranira hafi ibibazo bivugwa mu mupira w'amaguru mu Rwanda ko kandi  igihe byaba ngombwa ko FIFA yinjiramo yaza.

Tubibutse ko mu myanzuro akanama k'ubujurire ka FERWAFA kari katesheje agaciro ubujurire bwa Rwemalika Felicita waburanaga ko yahugujwe ko yari yatsindiye kuyobora FERWAFA ubwo uwo bari bahanganye Degaule Nzamwita yakuragamo candidature ye. Akanama kavugaga ko yasimbutse inzego (forme) bityo bitesha agaciro ubwimbike (fond) bw'ikirego cye.

Amatora ya FERWAFA byitezwe ko azasubukurwa taliki ya nyuma z'ukwezi kwa 3 uyu mwaka.

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire