lundi 1 janvier 2018

FERWAFA yahisemo gutandukana na Latifah wari umaze umwaka ari umunyamabanga mukuru wayo




 Uwari umunyamabanga mukuru w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Madamu Uwamahoro Latifah yamenyeshejwe ko atazongererwa amasezerano na FERWAFA, ubwo amasezerano yari afite azaba arangiye.

Uwamahoro wabaye umutgarugori wa mbere ushyizwe muri uyu mwanya, akaba yarawushyizweho n’inama y’inteko rusange yo muri Nzeli 2016.

Yagaragaye gacye cyane mu itangazamakuru aho yabaga atumvikana na Perezida wa FERWAFA, ashinja Perezida wa FERWAFA ibyaha bitandukanye no kumukoresha amakosa anyuranye.

Inama ya Komite Nshingwabikorwa idasanzwe ya FERWAFA yateranye kuri iki cyumweru, ikaba yemeje ko uyu mutegarugori yatandukana na FERWAFA, ntazongererwe amasezerano.
Uwamahoro Latifah byashobokaga ko yari kwisanga ari umuyobozi wa FERWAFA mu gihe cy’inzibacyuho guhera tariki ya 05 Mutarama muri 2018, ariko abayobozi ba ruhago y’u Rwanda bahisemo gutandukana nawe, akaba atazongererwa amasezerano.

Iki cyemezo cyafashwe n’inama y’inteko rusange ya FERWAFA yateranye kuri iki cyumweru, igahita imwandikira imubwira ko atazakomeza iyi mirimo.
Itegeko ry’umurimo rigenga abakozi mu Rwanda riteganya ko igihe mu masezerano hagati y’umukozi n’umukoresha harimo ko ashobora kongererwa amasezerano, igihe hagize ushaka gutandukana n’undi aba agomba kumumenyesha mbere.

FERWAFA ikaba yahisemo kumenyesha Uwamahoro Latifah ko itazamwongerera amasezerano ukwezi mbere y’uko amasezerano ye agana ku musozo.

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire