mardi 30 janvier 2018

Perezida wa FERWACY yasuye ikipe y’u Rwanda i Douala mbere yo gutangira Tour d’Espoir


Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY), Bayingana Aimable yasuye ikipe y’u Rwanda yitabiriye ‘Tour d’Espoir’ irushanwa mpuzamahanga ry’abatarengeje imyaka 23 ribera muri Cameroun.


Iri siganwa rigiye gukinirwa bwa mbere ku mugabane wa Afurika, rikabera muri Cameroon riratangira kuri uyu wa gatatu tariki ya 31 Mutarama rizasozwe ku cyumweru tariki ya 4 Gashyantare, u Rwanda rukaba ruhagarariwe n’abakinnyi batandatu barangajwe imbere na Areruya Joseph uheruka kwegukana La Tropicale Amissa Bongo.

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire