dimanche 14 avril 2019

GISAGARA VOLLEYBALL YASOJE AMARUSHANWA YA AFRIKA KU MWANYA WA 10

Mu yaherukaga guserukira u Rwanda mu mukino wa volleyball muri Afrika nta n'imwe usibye UNR muri 2011 yatahanye umwanya wa 4 ariko nyuma y'imyaka 7 yari imaze isohoka kuva 2004 kandi icyo gihe bitwaje ikipe y'igihugu, nta yindi kipe yaherukaga gusesekara mu 10 za mbere kuri uyu mugabane. UNATEK na APR zaherukaga guhagararira igihugu, imwe yazanye umwanya wa 13 indi iya 18. Mpamya ko ku nshuro ya 2 cg 3 GVC idahuye na rwangendanyi yagera heza kurushaho.
 
UNR yakunze kugira volley ikomeye, yigeze kugera muri 1/2 k'irangiza




Icyagaragaye muri aya marushanwa nuko kandi volleyball y'abirabura ivanze cyane n'amakosa ugereranije n'abarabu, ku buryo hatagize igihinduka byazagorana kuba hagaragara ikipe yirabura yatwara igikombe cy'Afrika. Gihamya nuko nta kipe n'imwe ya Afrika y'abirabura yaje muri 5 za mbere, ku irushanwa ryegukanywe na Ahly itsinze bakeba bayo bo mu Misiri Smouha amaseti 3-0.
Dore uko amakipe yakurikiranye nyuma y'isozwa ry'irushanwa:
Ahly niyo yatwaye igikombe cyayo cya 14 mu aya marushanwa.

1- Ahly E (EGY)
2- Smouha (EGY)
3- Ahly T (LBA)
3- Al Swehly (LBA)
5- El Etihad (LBA)
6- Nemo Stars (UGA)
7- Prisons (KEN)
8- Asaria (LBA)
9- GSU (KEN)
10- Gisagare (RWA)
11- UCU (UGA)
12- Police VI (BOT)
13- VC Espoir (COD)
14- FAP (CMR)
15- University (ZIM)
16- AS INJS (CIV)
17- Gendarmarie (MED)
18- Wolaita (ETH)
19- Mugher (ETH)
20- VC Mwangaza (COD)
21- Rukinzo (BDI)
22- AS FAG (GUI)
Gisagara rero niyo kwishimirwa kuko kuva havaho amikoro y'ubufasha MINISPOC yageneraga amakipe byari bigoye kwiyumvisha ko ikipe y'akarere yashobora kwirwanaho ikitabira amarushanwa nk'aya aba asaba amikoro rimwe na rimwe atunguranye. Ni ikindi gitego akarere katsinze.
Nyamara ariko ukurikije urwego abakinnyi GVC ifite, n'uburyo ihatse amakipe makeba hano muri Volleyball mu RWanda aho iyatsinda itanagira umutoza uhoraho, bisobanura ko GVC yaba indorerwamo y'urwego rwa volleyball mu Rwanda. Impungenge zaba nyinshi kukumenya niba Volleyball mu Rwanda itarasubiye inyuma ugereranije n'andi yose yo mu karere. Impamvu nuko amakipe yose yo mu karere nka Nemo stars ya Uganda, GSU na Prisons za Kenya zose zayije imbere. Byongereye urujijo  ubwo yatsindwaga n'ikipe y'abanyeshuli ya Uganda Christian universtity. Igisubizo kizagaragarira mu marushanwa y'akarera ka  5 mu bihugu ategerejwe mu mpeshyi uyu mwaka hano mu Rwanda. Dore ko n'ubuheruka Kenya yatsinze u Rwanda. Abaganda nabo urebye imyitwarire y'abakinnyi bayo n'imyitwarire ya clubs zabo mu marushanwa ya Afrika ni abo kugirira amakenga.
Nta byera ngo de, ibintu byose ni ishule. Hari ibiba byaragiye bitagenda neza uko bikwiye nko kumenya ibikenerwa ngo abanyamahanga bifashishwe mu kibuga n'ibindi ariko Kandi GVC izi ikiyigenza, muri rusange urugendo rwagenze neza. Ubutaha ni ugukosora no gushimangira ahari ingufu kugirango abantu bashobore kureba icyanoga, n'umusaruro mu kibuga urusheho kwiyongera mu marushanwa ya Afrika. GVC ni ishema ry'abanya Gisagara, abakomoka Gisagara, abakunzi ba volleyball. Igisigaye nuko yaba ishema ry'igihugu kandi yarabitangiye ubwo yatwaraga zone 5.

1 commentaire: