mercredi 12 juillet 2017

AS Kigali yaguze umukinnyi wa 7, Umugande Frank Kalanda

Rutahizamu wa Uganda Craines Frank Kalanda yasinye imyaka 3 muri AS Kigali
Rutahizamu wa Uganda Craines Frank Kalanda yasinye imyaka 3 muri AS Kigali
Kuri uyu wa kabiri 11 Nyakanga 2017 nibwo rutahizamu wa Uganda Craines Frank Kalanda yageze ku kibuga cy’indege cya Kigali i Kanombe aho yari aje kurangiza ibiganiro no gusinya amasezerano na AS Kigali.
Amasaha make nyuma yahoo urubuga rwa Internet rw’iyi kipe rwatangaje ku mugaragaro ko yasinye imyaka itatu nka rutahizamu usanga abandi bakinnyi batandatu (6) bashya AS Kigali yaguze muri iyi mpeshyi, barimo; Nshuti Dominique Savio (Rayon Sports), Ngama Emmanuel (Mukura VS), (Ishimwe Kevin (Pepiniere FC), Ngandu Omar (APR FC), Jimmy Mbaraga (Marines FC) na Ndarusanze Jean Claude (Lydia Ludic Burundi Académic).

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire