samedi 22 juillet 2017

ESE UMUSHINGA WO KUBAKA HOTEL FERWAFA UGEZE HE




Mu gihe shampiyona yo mu Rwanda yarangiye, abanyamupira bose bahanze amaso amatora ya FERWAFA azaba muri NZELI uyu mwaka, abandi bakomeje kwibaza ibikorwa remezo byagiye byemezwa gukora aho bigeze.

Amakuru atugeraho ava muri Morocco, ahaberaga inama yo guhindura byinshi mu mupira w'amaguru wa Afrika harimo no kwimura amezi cyakinirwagamo kuva muri Mutarama kikajya muri KAMENA-Nyakanga, President wa FERWAFA Degaule Nzamwita yaboneyeho kugirana inama n'abanyamaroke bemeye kuzafasha mu iyubakwa ry'iyi hotel bakunganira inkunga FIFA yari yagennye. Degaule yasabye Morocco kurekura amafranga bemeye akabakaba miliyali ebyiri z'amanyarwanda (2.250.000$) akoherezwa muri konti ya FEWAFA muri gahunda yiswe Forward Program. President wa FRMF ariyo federasiyo ya Morocco, bwana Fouzi Lekja yemeye ko bigiye gukrwa vuba anashimira Degaule ko yafunguye amarembo bigatuma ubu federations nyinshi zarabonye ko Morocco ari nyabagendwa mu mupira w'amaguru zikaba nazo ziri gusaba inkunga  zinyuranye.
Aya mafranga akazafasha mu kurangiza uyu mushinga wa Hotel ya FERWAFA  nta deni rya banki ifashe nkuko byari biteganijwe.

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire