mardi 11 juillet 2017

Murenzi Abdalla ntakiyamamarije kuyobora FERWAFA


Mu gihe byari byitezwe ko mu matora ya FERWAFA ataha Murenzi azaba ari umwe mu bahabwa amahirwe bazahangana na Degaule Nzamwita ku mwanya wo kuyobora FERWAFA, gusa bitunguranye mu gitondo cyo ku wa 11 Nyakanga, nibwo amakuru yabyutse yemeza ko Murenzi Abdallah wigeze kuyobora akarere ka Nyanza na Rayon sports ataziyamamaza ku mpamvu z'umwanya we utabimwemerera. Birasiga Nzamwita Degaule ariwe mukandida rukumbi kuri uwo mwanya mu gihe nta wundi urikomanga ku gatuza ngo aze guhatana nawe.
Amakuru kandi atugeraho gusa tutarabonera gihamya nuko na coalition ihanganye na FERWAFA ariko yo ihamya ko iharanira impinduka mu mupira wo mu Rwanda nayo ishobora gusenyuka mu masaha ya vuba. 
Ngayo nguko.

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire