Nyuma yo gusoza uyu mwaka w’imikino ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’ n’umuteankunga wa shampiyona AZAM TV bateguye ibirori byo guhemba indashyikirwa.
Uko ibihembo byatanzwe
Umufana w’umwaka ni;
Asman wa AS Kigali yahawe igikombe na ‘cheque’ y’ibihumbi 100 frw. Byatunguranye kuko uyu mukunzi wa Ruhago ntawe bahanganiye iki gihembo bitandukanye n’ibindi byiciro byari muri uyu muhango.
Fan Club y’umwaka;
Byari byitezwe ko hatoranywa itsinda ry’abakunzi b’ikipe y’umupira w’amaguru ryahize ayandi mu kwitwara neza bashyigikira ikipe yabo ariko abateguye ibi birori bahisemo guhemba amatsinda atatu atandukanye, harimo abiri y’abakunzi ba Rayon sports; March Generation na Gikundiro Foreverza Rayon sports na Online Fan Club ya APR FC. Buri tsinda ryahembwe ibihumbi 150 frw.
Umukinnyi ukiri muto utanga ikizere wahize abandi;
Christophe Biramahire Abeddy (Police FC). Uyu rutahizamu w’imyaka 19 yatsindiye Police FC ibitego birindwi (7) mu mwaka ushize wa shampiyona. Niwe ikipe y’igihugu Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 igenderaho. Yahembwe ibihumbi 500frw kuko yahigitse bagenzi be barimo umukinnyi wo hagati usatira wari Rayon Sports Nsengiyumva Moustapha watsinze ibitego umunani (8) muri shampiyona na Usabimana Olivier wari Marines FC. Aba bakinnyi bose bazakinana muri Police FC umwaka utaha.
Umunyezamu w’umwaka;
Ndayishimiye Eric Bakame. Kapiteni wa Rayon sports yatwaye igikombe cya shampiyona yarinze izamu imikino myinshi anitwara neza bituma ikipe ye yinjizwa ibitego bike (19) kurusha izindi. Uyu yisubije iki gihembo yari yanatwaye umwaka ushize. Nyuma yo guhabwa ibihumbi 400 frw yatangaje ko yishimiye gukomeza kwitwa umwami, ariko anasaba abo bahanganye kugira ishyari ryiza kuko nta gihindutse ngo arifuza n’icy’umwaka utaha.
Umutoza watunguranye (Revelation Coach of the Year):
Seninga Innocent wa Police FC. Kuba azwiho gutoza ikipe ikina isatira inarema uburyo bwinshi buryara igitego, ibyo we yita ‘portugal style’ sibyo gusa byamuhesheje iki gihembo. Yashimiwe kuba yararangirije ku mwanya wa kabiri muri shampiyona imbere ya APR FC yabaye iya gatatu nyamara yari amaze amezi icumi gusa muri Police FC. Uyu mutoza wahembwe ibihumbi 500frw yanazamuye urwego rw’abakinnyi be barimo; Danny Usengimana, Mico Justin na Muvandimwe JMV.
Umutoza w’umwaka;
Masudi Djuma wa Rayon sports. Nyuma yo gutwara igikombe cya shampiyona hasigaye imikino ine ngo ‘AZAM Rwanda Premier League’ irangire, akarusha abamukurikiye amanota 12, na nyuma yo kuzamura no kumenyekanisha impano za benshi, Masudi yahembwe ibihumbi 750 frw nk’umutoza wahize abandi muri rusange. Yongeye gufata iminota yo gusezera ku mugaragaro abakunzi ba Rayon sports yatozaga, anabatura iki gihembo.
Abasifuzi b’umwaka;
Abdul Karim Twagirumukiza na Ndagijimana Theogene
Igitego cy’umwaka:
Michel Rusheshangoga
Igitego cyahembwe cyatsinzwe Sunrise FC, gitsindwa mu minota ya nyuma n’uyu wari kapini wungirije wa APR FC ariko ubu ni umukinnyi mushya wa Singida United yo muri Tanzania. Ishoti uyu myugariro yatereye hafi y’umurongo ugabanyamo ikibuga kabiri ryahembwe ibihumbi 100frw.
Abakinnyi 11 bitwaye neza kuri buri mwanya;
Ndayishimie Eric (Rayon Sports), Rusheshangoga Michel (APR FC) Nsabimana Aimable (APR FC) Kayumba Soter (AS Kigali), Muvandimwe Jean Marie Vianney (Police FC), Kwizera Pierre (Rayon Sports), Niyonzima Ally (Mukura VS), Usegimana Dany (Police FC), Mico Justin (Police FC), Wai Yeka (Musanze FC), Kambale Salita Gentil (Etincelles FC)
Uwatsinze ibitego byinshi;
Danny Usengimana wa Police FC. Uyu rutahizamu yongeye kwisubiza igihembo cya rutahizamu wahize abandi muri shampiyona y’u Rwanda, kuko yongereye ibitego bitatu kuri 16 yatsinze umwaka ushize. Uyu mwaka yatsinze 19 byatumye yongera guhabwa igihembo gifite ishusho y’urukweto rwa zahabu. Uyu musore wahembwe ibihumbi 500 frw yashimiye AZAM TV yerekanye imyinshi mu mikino ya Police FC bituma arambagizwa, yumvikana, anasinyira Sigida United yo muri Tanzania.
UMUKINNYI W’UMWAKA;
KWIZERA PIERROT wa Rayon sports. Ni ku nshuro ya mbere ibirori byo guhemba abahize abandi muri shampiyona y’u Rwanda bibaye byikurikiranya. Igihembo gikuru muri izo nshuro zombie cyegukanywe na Kwizera Pierrot umurundi ukinira Rayon sports. Uyu mwaka yatsinzemo ibitego 11 anatanga imipira 10 ivamo ibitego. Byahesheje ikipe abereye kapiteni wungirije igikombe cya shampiyona.

Vedaste Kayiranga niwe watanze ijambo ry’ikaze kuko umuyobozi mukuru wa FERWAFA Nzamwita Vincent Degaule atari ahari

Asman niwe watowe nk’umufana wahize abandi muri uyu mwaka

Rutahizamu wa Police FC Christopher Biramahire Abeddy wahembwe nk’uhiga abandi bakiri bato abona ibyiza biri imbere

Nsengiyumva Moustapha yari mu bahatanira igihembo cy’umukinnyi ukiri muto wahize abandi

Seninga nk’umutoza watunguranye muri uyu mwaka, yashimiye benshi

Barimo n’umufasha we Seninga Sonia wari waje kumushyigikira

Masudi watowe nk’umutoza w’umwaka yatuye igihembo abakunzi ba Rayon sports yari amaze imyaka ibiri atoza

Ndayishimiye Eric Bakame niwe munyezamu wahize abandi muri 2016-17

Olivier Gakwaya wari uhagarariye Rayon sports muri ibi birori yishimiye ibihembo abo mu ikipe ye batwaye

Abanyamakuru, Augustin Bigirimana (Isango Star) na Hitimana JC (Flash FM) bakurikirana ibirori

Abdul Karim Twagirumukiza niwe musifuzi w’umaka

Ndagijimana Theogene niwe musifuzi wo kuruhande wahize abandi

Ally Niyonzima waviye muri Mukura VS ajya muri Rayon, Danny Usengimana na Bakame bari bambariye ibirori

Umunyamakuru
wa Radio10 Fuadi Uwihanganye na Rusheshangoga bifotoje iya nyuma mbere
y’uko uyu musore wari umaze imyaka itandatu (6) muri APR FC ajya muri
Tanzania

Igitego Rusheshangoga yatsinze Sunrise FC nicyo cyaryoheye amaso y’abakunzi ba ruhago kurusha ibindi

Abasportifs banyujijemo bacinya akadiho

Charly na Nina nibo bahanzi basusurukije ibi birori

Farajallah
uyobora AZAM TV mu Rwanda asa n’ubwira Patrick Kagabo umwe mu bagize
komite nyobozi ya FERWAFA ati, ibi birori biteguye neza

Bamwe mu bagize ikipe y’umwaka bigaragaje mu mwambaro w’ibirori utandukanye n’imyenda yo mu kibuga bamenyereweho

Danny Usengimana yashimiye abamufashije gutsinda ibitego byinshi kurusha abandi mu Rwanda

Ishyirahamwe
ry’abanyamakuru b’imikino mu Rwanda AJSPOR rihagarariwe na Jean Butoyi
(ibumoso) ryashimiwe ubufatanye mu kubaka umupira w’amaguru mu Rwanda

Kwizera Pierrot mbere yo guhembwa yagaragazaga ubwoba ku maso

2016-17 ni umwaka wahiriye Kwizera Pierrot

Pierrot yisubije icyubahiro yari asanganywe

Pierrot na Bakame batwaye igikombe cya shampiyona bishimiye ibihembo bahawe babitura abakunzi ba Rayon
Aucun commentaire:
Enregistrer un commentaire