dimanche 25 mars 2018

Myasiro JMV yatwaye isiganwa ryo gutaha ikigo cy'urubyiruko cya Burera cyubatswe na Gasore Serge


Iki kigo cyubatse hafi gato y’ikigo nderabuzima cya Rugarama, kizafasha urubyiruko muri gahunda yo kuzamura impano zabo muri siporo zitandukanye nta kiguzi nk’uko Gasore Serge yabigarutseho ubwo hafungurwaga iki kigo.
“Iki ni ikigo twabashije kuba twashyira muri aka gace ka Rugarama kugira ngo urubyiruko ruhaturiye cyangwa ababasha kuhagera bazagire aho bahera bazamura impano zabo mu mikino itandukanye. Abakina umupira w’amaguru nta kibazo bazagira kuko imipira n’ibindi bikoresho birimo, Volleyball, kwiruka, amagare n’abandi bose bazaba bisanga”. Gasore Serge.
Mu itahwa ry’iki kigo, habaye irushanwa ryo gusiganwa ku maguru. Abasiganwa bagenze intera ya kilometero icumi (10 KM) kuko bahagurukaga mu Rugarama ahubatse iki kigo cy’urubyiruko bakagera muri santere ya Kidaho.
Mu cyiciro cy’abagabo, Myasiro Jean Marie Vianney ni we waje imbere akoresheje iminota 25’ n’amasegonda 38” (25’38”) mu gihe Nzirorera JMV bita Rafiki wa APR AC yaje ku mwanya wa kabiri akoresheje iminota 25 n’amasegonda 53” (25’53”).
Mu cyiciro cy’abali n’abategarugoli, Yankurije Marthe ukinira ikipe ya APR AC yaje ku mwanya wa mbere akoresheje iminota 31 n’amasegonda 35” (31’35”), aza akurikiwe na Niragire Vivine bakinana muri APR AC we yakoresheje iminota 33 n’amasegonda ane (33’04”). Nyiranizeyimana Juliette (Amizero AC) yaje ari uwa Gatatu akoresheje 34’31”.
Ikigo cy'urubyiruko Gasore Serge yubatse i Burera
Ikigo cy'urubyiruko Gasore Serge yubatse i Burera
Ni ikigo cyubatse hafi y'ikigo nderabuzima Rugarama mu Karere ka Burera
Ni ikigo cyubatse hafi y'ikigo nderabuzima cya Rugarama mu Karere ka Burera
Icyapa kikubwira ko wahageze
Icyapa kikubwira ko wahageze
Abakinnyi bishyushya mbere yo gutangira isiganwa
Abakinnyi bishyushya mbere yo gutangira isiganwa
Abakinnyi bahabwa amabwiriza y'irushanwa
Abakinnyi bahabwa amabwiriza y'irushanwa
Myasiro Jean Marie Vianney aregera neza isaha
Myasiro Jean Marie Vianney aregera neza isaha
Abakinnyi bitegura isiganwa
Abakinnyi bitegura isiganwa
Abakinnyi bahagrutse mu Rugarama bagana mu Kidaho
Abakinnyi bahagurutse i Rugarama bagana mu Kidaho
Myasiro yagiye mu  bimbere arinda abasiga habura nk'ibilometero bitatu (3km)
Myasiro yagiye mu b'imbere arinda abasiga habura nk'ibilometero bitatu (3km)
Niragire Vivine wa APR AC yafashe umwanya wa 2 muri Km 10
Niragire Vivine  (217) wa APR AC yafashe umwanya wa 2 muri Km 10
Mu bakobwa bakiri bato, Uwimana Angelique (Burera) yaje ari uwa mbere akoresha iminota 30 n’amasegonda 30 (30’30”) ku ntera ya kilometero zirindwi (7Km). Muhawenimana Joselyne yaje ari uwa kabiri akoresheje 34’20”.
Aho uyu muhango wasoreje ni naho hasorejwe siporo rusange abaturage bari bakoranye na Guverineri w’Intara y’amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney. Nyuma nibwo yaje gufata umwaya agira impanuro agira abakinnyi, ababyeyi, abana n’abaturage bose muri rusange.
Ahereye ku bakinnyi, Gatabazi yavuze ko bagomba kwirinda ikintu cyose cyatuma bateshuka ku nshingano zo gukora siporo neza , bakirinda gukoresha ibiyobyabwenge kandi bakayikora bagamije iterambere ryabo n’iry’igihugu muri rusange.
Gatabazi yibukije abakinnyi ko nta muntu wakora siporo yanyweye kanyanga kuko ngo abayinywa nta kindi ibamarira uretse kubangiza bagata umurongo w’iterambere. Ageze ku bana, uyu muyobozi yababwiye ko siporo ari ubukire kuko ngo uwayikoze neza ntabura uko yabaho kandi kwiza. Gatabazi yavuze ko abadafite amahirwe yo kuzajya hanze y’u Rwanda bashobora kuyabonera muri siporo.
Ababyeyi yababwiye ko bagomba kugirira abana isuku nabo ubwabo bakitangiriraho kuko ngo umwanda ubarizwa ku mubiri n’imyenda y’abatuye Burera atari ibintu by’i Rwanda. Ababyeyi bibukijwe ko bagomba gufatanyiriza hamwe bagakora ibyatuma batera imbere bakava mu matiku ndetse bakajya bakora siporo mu buryo buhoraho. Gatabazi kandi yavuze ko ikibazo cy’ibiyobwabwenge byambuka umupaka byinjira mu Rwanda nabyo agiye kubihagurukira ababikora bagahanwa by’intanga rugero.
Mu nzira bagenda....Myasiro yari yakaniye
Mu nzira bagenda....Myasiro yari yakaniye
Mu nzira bagenda
Mu nzira bagenda
Nzirorera JMV imbere ya Myasiro gato
Nzirorera JMV imbere ya Myasiro gato
Habura ikilometero kimwe n'igice nibwo Myasiro yahise asiga Nzirorera JMV bita Rafiki kuko bari bamaze umwanya munini bari kumwe
Habura ikilometero kimwe n'igice ni bwo Myasiro yahise asiga Nzirorera JMV bita Rafiki kuko bari bamaze umwanya munini bari kumwe
Myasiro agera ku murongo usoza
Myasiro agera ku murongo usoza yabwiye abanyamakuru ko iri rushanwa ryamubereye igipimo cyiza mu kureba niba imyitozo amazemo iminsi yaragenze neza
Nzirorera JMV yaje inyuma ya Myasiro
Nzirorera JMV yaje inyuma ya Myasiro .....ku mwanya wa kabiri
Dushimimana Gilbert (APR AC) yahageze ari uwa kane (4)
Dushimimana Gilbert (APR AC) yahageze ari uwa kane (4)
Ku kibuga cya Kidaho hari hanabereye siporo rusange
Ku kibuga cya Kidaho hari hanabereye siporo rusange
Abakinnyi basoje isiganwa
Abakinnyi basoje isiganwa
Gasore Serge (Ibumoso) na Mujawamariya Florence (Iburyo) umuyobozi w'Akarere ka Burera
Gasore Serge (Ibumoso) na Mujawamariya Florence (Iburyo) umuyobozi w'Akarere ka Burera
Gasore Esperence umufasha wa Gasore Serge
Gasore Esperence umufasha wa Gasore Serge
Gasore Esperence umufasha wa Gasore Serge
Gatabazi JMV guverineri w'Intara y'amajyaruguru
Gatabazi JMV guverineri w'Intara y'amajyaruguru

Abatuye mu karere ka Burera baganirijwe ku kamaro ka siporo
Abatuye mu karere ka Burera baganirijwe ku kamaro ka siporo
Abakinnyi basuhuza abasangwa
Abakinnyi basuhuza abasangwa
Yankurije Marthe (Ubanza iburyo) niwe wabaye uwa mbere mu bakobwa bakuru, Niragire Vivine (hagati) yaje amukurikiye na Angelique Uwimana (ubanza ibumoso) akaba yarabaye uwa Mbere mu bato
Yankurije Marthe (Ubanza iburyo) ni we wabaye uwa mbere mu bakobwa bakuru, Niragire Vivine (hagati) yaje amukurikiye na Angelique Uwimana (ubanza ibumoso) akaba yarabaye uwa Mbere mu bato
Gasore Serge avuga ko akarere ka Burera kagomba kuba hamwe mu hava abakinnyi beza
Gasore Serge avuga ko akarere ka Burera kagomba kuba hamwe mu hava abakinnyi beza
Abakozi basanzwe mu kigo Gasore Serge Foundation nibo batunganyaga gahunda
Abakozi basanzwe mu kigo Gasore Serge Foundation nibo batunganyaga gahunda
Abakozi basanzwe mu kigo Gasore Serge Foundation nibo batunganyaga gahunda 
Gatabazi JMV guverineri w'Intara y'amajyaruguru asuhuza abakinnyi
Gatabazi JMV guverineri w'Intara y'amajyaruguru asuhuza abakinnyi
Myasiro JMV asuhuza Mujamariya Folerence uyobora Akarere ka Burera
Myasiro JMV asuhuza Mujamariya Folerence uyobora Akarere ka Burera
Mujawamariya Florence hagati ya Myasiro JMV na Yankurije Marthe batwaye imyanya ya mbere
Mujawamariya Florence hagati ya Myasiro JMV na Yankurije Marthe batwaye imyanya ya mbere
Nyuma y'ibihembo
Nyuma y'ibihembo
Yankurije Marthe ahembwa
Yankurije Marthe ahembwa
Gatabazi JMV guverineri w'Intara y'amajyaruguru asuhuza abakinnyi yabwiye abaturage ko bagomba kugira isuku no kwirinda ibyobya bwenge
Gatabazi JMV guverineri w'Intara y'amajyaruguru asuhuza abakinnyi yabwiye abaturage ko bagomba kugira isuku no kwirinda ibyobyabwenge
 Myasiro JMV ahembwa
Myasiro JMV ahembwa
Abaturage bacinya akadiho
Abaturage bacinya akadiho

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire