dimanche 19 février 2017

Hotel ya Ferwafa iraba yuzuye mu mezi 16


Nkuko bigaragazwa mu masezerano Ferwafa yagiranye n'abashinwa bazubaka iyi hotel y'inyenyeri 4 izatwara amafranga asaga miliyari y'amanyarwanda; iyi hotel izubakwa mu gihe cy'amezi 16. Ikazajya ikorerwamo ibikorwa by'ubucuruzi bisanzwe bya Hotel ari nako yakira amakipe atandukanye y'ibihugu. Ku buryo byitezwe ko izajya igaruza asaga miliyari ku mwaka Minisiteri ya siporo yakoreshaga icumbikirisha amakipe mu mwiherero. Nkuko bitangazwa na Nzamwita Degaule uyoboye FERWAFA, Perezida wa FIFA Gianni Infantino azashyira ibuye fatizo mu kubaka iyo hoteli muri uku kwezi kwa 2.

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire