dimanche 19 février 2017

UBUTUMWA RAYON SPORT YAGENEYE APR FC


 Nyuma yaho APR isezerewe mu marushanwa ya Afrika naho Rayon igakomeza, bamwe mu abafana ba Rayon bagiye banyuza ubutumwa busa n'urwenya ku mbuga nkoranyambaga bugira buti:

APR FC muvandimwe ndetse ukaba murumuna wange, dore ubu njyewe nditegura ingendo zitandukanye nzakorera muri Africa. Ariko nagirango ngire icyo nkwisabira kuko niwowe nsanze ngomba gusiga ku rugo: Icya mbere uzamenye urugo urwiteho ntiruzavogerwe, uzakoreshe uko ushoboye ugumishe ituze muri barumuna bawe aribo Police FC, AS Kigali, Bugesera, Mukura, Kiyovun'abandi. Uzite kuri turiya dupfubyi aritweo Gicumbi FC, Pepiniere n'Amagaju. Uzabwire mubyara wawe Marine areke kwigira kabushungwe. Uzakore uko ushoboye uhagarare ku manota yawe nzasange ugifite 34. Ibi nkubwiye nutabyitaho ubutaha znasigira urugo Police cg As Kigali dore ko nsigaye mbona bakurusha amashagaga. Ibi mbikoze nyuma yuko unteye umujinya imbere imbere ya Zanaco witwara nabi imbere y'abakunzi bacu. Urabe wumva.

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire