dimanche 12 février 2017

Rayon Sports inyagiye Al Salam Wau ibitego 4-0

Uyu mukino watangiye ku isaha ya 15:26 ku zuba ryinshi cyane ariko ritabujije ko Rayon Sports yatangiye nta gihunga dore ko bari imbere y’abanyarwanda benshi biganjemo abasirikari bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo bari baje kiyishyigikira. Igice cya mbere cy’uyu mukino cyarangiye ari 0-0 kikaba cyaranzwe no kwiharira umukino kwa Rayon Sports itakanzwe n’ubushyuhe bwa degre 43 bakiniragaho. 


Wau Salam nk’ikipe yari iri iwayo yagerageje gusatira izamu rya Bakame ariko abahungu ba Masudi bakomeza kwerekana ko nta bwoba batewe n’abanyasudani y’epfo. Ku munota wa 16 Rayon Sports yabonye uburyo bwa mbere bwiza bwo kubona igitego bwari buturutse kuri koruneri ariko ntibyabahira. 

Nova Bayama, Nshuti Savio na Moussa Camara babifashijwemo na Kwizera Pierrot bakomeje kugerageza kubotsa igitutu kinshi ariko ntibyaborohera gufungura izamu. Ku munota wa 31 Pierrot yarekuye umuzinga w’ishoti waganaga mu izamu maze umukinnyi wa Wau arawitambika byaje gutuma umukino uhagarara akanya ariko uyu mukinnyi aza kugaruka umukino urakomeza.
Igice cya kabiri cyatangiranye imbaraga ku ruhande rwa Wau gusa ntibyamaze akanya kuko Rayon Sports yahise isubira mu mukino ihita inabona igitego ku munota wa 54 gitsinzwe na Nshuti Dominique Savio ku ishoti rikomeye yateye nyuma y’akazi kari gakozwe neza na Nova Bayama na Pierrot. Iki gitego cyongereye imbaraga abasore ba Rayon sports bahise bashimangira icyizere ko byose bishoboka, nyuma y’iminota itagera kuri 3 Camara yahushije uburyo bw’igitego cya kabiri aho umupira yari ahawe neza na Savio yawuteye ukagarurwa n’igiti cy’izamu.
Al Salam Wau yaje kubona amahirwe akomeye ariko umukinnyi wayo ayapfusha ubusa, gusa yakomeje kwirwanaho  ariko myugariro ba Rayon Sports bakomeza guhagarara neza.
Ku munota wa 68, Kwizera yafashe icyemezo acenga abakinnyi babiri ba Wau arekura ishoti rikaze umuzamu ntiyamenya aho umupira uciye, ibitego 2-0. Umukino wakomeje abahungu ba Masudi bigisha ruhago ikipe basuye iwayo. Ibi ntibyatinze gutanga umusaruro kuko ku munota wa 78 Nova Bayama wagaragaje urwego rwo hejuru yaboneye ikipe ye igitego cya 3 nyuma y’aho Camara yacenze ab’inyuma ba Wau arekura ishoti bararigarura risanga nova ahagaze bwuma ahita abirangiza.
Hasigaye iminota 8 ngo umukino urangire, Masudi yinjije mu kibuga Shassir na Djabel aruhutsa Nova na Mugheni. Umukino wenda kurangira Moussa Camara wakomeje guhiga igitego yashizwe akibonye ku munota wa 89 biba bibaye 4-0 ari nako umukino waje kurangira, Rayon Sports ikaba yatanze isomo rya ruhago muri Sudani y’Epfo, impamba y’ibitego bine  ikaba itanga icyizere ku  mukino wo kwishyura i Kigali aho Al Salam Wau ifite akazi gakomeye ko kuba yatsindira Rayon Sports ibitego 5-0.


Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire