dimanche 26 février 2017

Inama ya komite nyobozi ya FIFA ishobora kubera mu Rwanda mu Ukwakira



Umuyobozi w’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi FIFA  Gianni Infantino ari mu Rwanda. Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu tariki 25 Gashyantare 2017, yasobanuye uruhare rwa FIFA mu mushinga wa Hotel ya FERWAFA.
Uyu mugabo yavuze ko akurikirana amakuru y’u Rwanda kuko ari igihugu yishimiye kuva muri Gashyantare 2016 (muri CHAN) ubwo yazaga kwiyamamaza mbere y’uko atorwa.

Ngo yashimiye kuba abanyarwanda bakira neza abashyitsi kandi bakunda umupira by’umwihariko H.E perezida Paul Kagame bagiranye ibiganiro birambuye ku iterambere ry’umupira w’amaguru mu Rwanda.
Abajijwe niba koko u Rwanda rufite ubushobozi bwo kwakira inama zikomeye nk’inama y’intekorusange ya FIFA yasubije ko bishoboka cyane.
yi nama iterana buri mwaka igizwe n’abanyamuryango 34. Barimo abanya-Afurika umunani; Samoura Fatma (Senegal), Nyantakyi Kwesi (Ghana), Omari Constant (DR Congo), Lydia Nsekera (Burundi), Abo Rida Hany (Misiri), Bounchamaoui Tarek (Tunisia), Visi perezida wa CAF Camara Almamy Kabele (Guinea) n’umuyobozi wa CAF Issa Hayatou (Cameroun)

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire